Radioitahuka

NI IKI CYAJYANA KAGAME MU BIRWA BYA BELISE KITARI UGUHISHAYO IMITUNGO

Informações:

Sinopsis

1.Ibinyamakuru byinshi byo mu ibirrwa cya Belize muri nyanja  ya Karayibe birandika inkuru ivugu ko Prezida w‘u Rwanda Paul Kagame agiye gukorera muri icyo kirwa urugendo rw‘akazi kuva tariki ya 14 kugeza 14/09/2022. Ngo ubutumire bwo gusura icyo kirwa Kagagema yabuhawe na Premier ministre wacya igihe yari yitabiriye inama ya CHOGM iherutse kubera i Kigali mu Rwanda. Ngo muri urwo ruzinduko rwa Kagame ibihugu byombi bizasinyana amasezerano  kandi ngo Kagame azavugira ijambo imbere y‘inteko.  2.Inteko Nshinga mategeko komisiyo yayo ishinzwe gukurikirana umutungo wa Leta, abenshi basigaye bayita ko irimo gusetsa imikara, ngo iba yiha urw‘amenyo iyo yiha gutanika abayobozi bacunze nabi ibya rubanda kandi kuva kera  abo yagiye ifatira mu cyuho ikabasabira ibihano bikomereza imirimo nk‘aho ntacyabaye, kuko baba bakingiywe ikibaba, yewe bigeze n‘aho umudepite ababaye cyane abwira umuntu wacunze nabi ibya rubanda ngo  nukomeza gutya tuzongera duhurire hano umwaka utaha uje kwisobanura, cg se ati wagirango mushimish