Radioitahuka

IMFASHANYO Y’UBURAYI NGO NTIGOMBA GUSHYIGIKIRA IGITUGU MU RWANDA.

Informações:

Sinopsis

1.Inteko y’ibihugu by’i Burayi imaze gufata umwanzuro ku kibazo cya Rusesabagina. 2.Mu gihe Kagame arimo kuvugirizwa induru kubera échec karundura yagize mu burezi, aho arimo kujya gutira abarimu yita ko ari „beza“muli  Zimbabwe, ibintu bitumvikana ku muntu umaze imyaka 27 ategeka igihugu, ahisemo kuyobya uburari  asohora inkuru ivuga ko hari ibyo  u Rwanda ruhuje na Singapore (igihe.com 07.10 2021). 3.Ikibazo cy’igiciro cy’umuceri  kitanyura abahinzi cyagarutsweho bihagije, gusa mu mpamvu zituma umusarurom w’ibihingwa uhenga mu Rwanda, ugatuma n’ibiciro muli rusange bitumbagira nk’uko Banki y’igihugu ibivuga, kandi ibiciro by’ibiribwa  bihanitse bikagira uruhare rwa 70% mu bikenesha abaturage, Leta ibifite mo uruhare. Umusoro w’ubutaka muli rusange no mubishanga mu buryo bw’umwihariko( 40.000-200.000rws/ha), uri mu bituma igiciro cy’umusaruro gitumbagira. 4.Rwanda Demographic and Health survey 2019/ 20 iraduha amakuru ku mubare w’abantu bafite akazi gahoraho bakorera Leta cg ibigo byigenga. Abantu barihir