Radioitahuka
DUKOMEJE KUMIRWA: NI AKA BANKI KARI GASIGAYE KAGA ARAKIRENGEJE DA!!
- Autor: Vários
- Narrador: Vários
- Editor: Podcast
- Duración: 2:42:00
- Mas informaciones
Informações:
Sinopsis
Bankunzi ba Radio Itahuka, twongeye kubasuhuza, kandi twizera ko aho muri hose Nyagasani akomeje kuba mu ruhande rwanyu. Mu kiganiro Igihe ni iki cy'uyu munsi, turi bugezweho ibiganiro 3 tuza kunguranaho ibitekerezo. 1) Turi burebe uburyo umutungo wose w'igihugu ushiriye mu mufuka w'umuntu umwe. Nkuko mwese mwabyumvise, Banki y'abaturage, yabaye amizero ya Rubanda igihe kinini, nayo birangiye agatsiko kayigurishije. Bikaba ari ibintu birenze ukwemera, kandi bibabaje, turaza kugaruka ku mateka y'iyo banki, ndetse n'amayeri yagiye akoreshwa kugira ngo ivanwe mu maboko ya banyirayo, birangire igurishijwe. 2) Umunyagitugu Hissene Habre yavuye munsi y'abazima, kandi afite amasomo akomeye abanyafurika bakwiye kumukuraho, cyane cyane abari ku ngoma y'igitugu yo mu Rwanda. Undi nawe wo muri Sudani, Omar el Bashir ari hafi kugezwa mu rukiko mpuzamahanga kugira ngo akurikiranweho ibyaha byibasiye inyoko muntu yakoze, hagati aho imitungo ye n'iyabo mu muryango we ikaba yarafatiriwe. Ibi nabyo turaza kureba amasomo tw