Radioitahuka

RWANDA-BURUNDI:IGITABO GISHYA CY'UMUBANO CYIFUZWA NA NEVA GITEYE KWIBAZA BYINSHI

Informações:

Sinopsis

Turabaramukije bakunzi ba Radio Itahuka , kandi twizera ko Nyagasani Imana akomeje kuba mu ruhande rwanyu. Kuri uyu mugoroba mu kiganiro Igihe ni iki turaza kuganira ku ngingo zikurikira: 1) Ni impamvu ki zituma Leta y'u Rwanda itesha agaciro umunsi w'ubwigenge?  Ni iki iba ishaka guhisha? Cyangwa ni amateka ki ishaka gutsindagira mu banyarwanda ba kino gihe? 2) Perezida Evariste Ndayishimiye yatunguye abatari bacye ubwo yavugaga ko u Burundi bwiteguye gufungura igitabo gishya cy'umubano warwo n'u Rwanda, ibi akaba yarabitangaje mu butumwa  yoherereje  Kaga, abinyujije kuri Minisitiri w'intebe Edouard Ngirente, wari witabiriye umunsi mukuru wo kwikukira mu Burundi. turaza kwibaza niba uwafunze igitabo cya mbere ashobora kugirirwa icyizere cyo kuri urwo rugero. 3) Abanyarwanda bakomeje gukubitishwa inkoni iryana yitwa Covid-19, binyuze mu byemezo bafatirwa bikomeza kubatsindagira mu bukene. Amarira ubu akaba ari menshi, umunyarwanda akaba ageze aho umwana arira nyina ntiyumve. 4) Abashingamategeko bo mu g