Informações:
Sinopsis
1 .Idamange yagejejwe mu rukiko ahakana ibyaha aregwa (inkuru ya BBC Gahuza) 2. Agahomamunwa : i Nyagatare ababyeyi b’abana bataye ishuri ngo bagiye guhanwa kugeza ku bihumbi 200 ( kigalitoday 28.2.2021). Twibutse ko mu Rwanda havugwa abana bagera ku10% cg ibihumbi 330 batasubiye mu mashuri aho amashuri yongereye gukomorerwa, kubera ubukene bwaturutse kuli Covid 19. Mbere y’uko ibi biba igihe com cyari cyaratangaje inkuru ivuga ko kubera ubukene buzaterwa na Covid abana benshi bashobora kuzata ishuri. 3.Ingabire Immaculee wa Transparency International araruma ahuha. Ntabwo yigeze yamagana itegeko ry’ubutaka ryambura abanyarwanda ubutaka bwabo bugahinduka ubwa Leta, ntiyamaganye ingingo yo gutunga ubutaka mu buryo bw’ubukode, ari n’ayo ituma abanyarwanda bakodeshwa ubutaka bwahoze ari ubwabo, none aramagana umusoro w’ubutaka. 4. Mu kiswe Coridori Gitwe Kaduha ngo ubukene buranuma nk’uko imibare ibagaragaza. Guveriineri Kayitesi yabuze aho apfunda imitwe akemura ikibazo cy’ubukene mu mirenge 10