Radioitahuka
UBUYOBOZI BW'U RWANDA BURI MU MANEGEKA.AHO BUKERA ABATURAGE BARABWIMURA.
- Autor: Vários
- Narrador: Vários
- Editor: Podcast
- Duración: 2:57:00
- Mas informaciones
Informações:
Sinopsis
Turabashuhuje mu ndamukanyo ya Mutagatifu Kizito Mihigo, tugira tuti Mugire amahoro, urukundo , imbabazi n'ubwiyunge. dutangije iyo ndamukanyo mutamenyereye kuko uyu munsi turi bwibuke amezi 10 ashize Inuma y'Imana ya Kibeho abanzi bayirengeje mu rupfu rw'agashinyaguro, gusa icyagaragaye nuko nyuma y'urupfu rwe, nta mahoro ubutegetsi bwa kigali bwagize, ingero ni nyinshi nkuko tuza kubireba. turaza kugaruka ku butegetsi buri mu manegeka bw'ikigali, twerekana ibimenyetso, mu rwego rw'ububanyi n'amahanga, mu bukungu, mu guhuzagurika mu gufata ibyemezo imbere mu gihugu, mu kugira Covid-19 agakino ko kubyinisha mu zunga abanyarwanda , mu gutsindwa ubutitsa imanza mu nkiko za Africa, n'ibindi byinshi.. tunabonereho kugaragaza uko Ihuriro Nyarwanda ryiteguye kuzana impinduka mu Rwanda n'icyo risaba abanyarwanda. Turaza kuvuga ku rupfu rwa Pierre Buyoya wahoze ayobora uburundi, uwo akaba abaye uwa kabiri mu bahoze ari abakuru b'igihugu cy'uburundi utabarutse muri uyu mwaka wa 2020. ese ni iki azibukirwaho?