Informações:
Sinopsis
1.Leta y’agatsiko imaze imyaka 26 itegeka irashyize yemeye ko ifite abaturage babarirwa mu ma miliyoni batabasha kwigondera agapfukamunwa kagura 0,5$ none irimo kwakira ubufasha abakene bayo ngo ababishoboye bikorakore babagurire udupfukamunwa? 2. Mu karere ka Ngoma ngo huzuye Hoteli itwaye miliyari 3,5 frws imara imyaka 3 itarabona umushoromari uyikodesha. Amahoteli muli werurwe mata 2020 urwego rw’ubukerarugendo ngo rwari rwarahagaze ho 99% Leta ikavugako rwari rwarasenyutse burundu. 3.Ikibazo cy’itangira ry’amashuri kiracyari isobe. Kaminuza nyinshi zishobora kuzafungwa kubera ibyo zisabwa bikakaye. HEC yashyizeho gahunda yo kuzigenzura. Leta irashaka abarimu ibihumbi 28 ariko abakoze ibizami ngo 85% baratsinzwe bazaha akazi abarimu badafite ubushobozi. 4.Banki i y’Isi ngo yatesheje agaciro urutonde rw’ukuntu ibihugu bisumbanya amanota Doing Business kuko ngo muri 2018 na 2020 ibigenderwaho mu gutanga amanota ntibyakurikijwe mu bihugu bimwe na bimwe bituma hagaragara mo amanyanga. Ngo amanota yatanzwe