Radioitahuka

[

Informações:

Sinopsis

  1.Barasaba ko Dr Denis Mukwege arindwa kuko ’’yabwiwe ko azicwa’’ kubera ibitekerezo bye a.Ishyirahamwe ry'abaganga baharaninira uburenganzira bwa muntu rivuga ko umwe mu barigize Dr Denis Mukwege yabwiwe ko azicwa kubera ibitekerezo bye ku bwicanyi bwabaye mu burasirazuba bwa Congo mu myaka ishize buvugwa muri raporo ya ONU/UN yiswe 'Mapping Report'. b.Inyandiko yasohowe na ririya shyirahamwe ry'abaganga ivuga ko Bwana Mukwege akomeje guterwa ubwoba kuri murandasi no hanze yayo, nk'uburyo bwo kumusubiza kuri ibyo bitekerezo bye. c.Iri shyirahamwe ry'abaganga ntirivuga abakorera ibi Bwana Mukwege. Gusa rihuza ibyo n'ibyatangajwe na Jenerali James Kabarebe, umujyanama mukuru wa Perezida w'u Rwanda mu by'umutekano. d.Physicians for Human Rights rirasaba ko Dr Denis Mukwege yabona uburinzi bukomeye.   3.Min Busingye akaba n'intumwa ya Leta yatangaje ko ‘Guma mu Rugo turayikozaho imitwe y’intoki, tuyikururiye ’’ a.Johnston Busingye, yaburiye abaturage ko barimo kugana muri Guma mu Rugo, bitewe n’uburyo