Radioitahuka

[

Informações:

Sinopsis

1.U Rwanda rwahombye miliyari 57 Frw mu bucuruzi bwo mu Karere kubera COVID-19. a.Dr Ngirente Edouard yatangaje ko Icyorezo cya COVID-19 cyahungabanyije ubucuruzi bw’u Rwanda n’akarere ka Afurika y’Uburasirazuba ruherereyemo ku kigero cya 200%. b.Igihugu cyahombye miliyoni 57$, akabakaba miliyari 54 mu mafaranga y’u Rwanda. c.Ikigega nzahurabukungu cyashyizweho ku wa 8 Kamena gitangirana miliyoni 100$, biteganyijwe ko kizamara imyaka ine ariko kikazashyirwamo arenga miliyoni $200. d.Dr Ngirente Edouard yashimangiye ko ikigega Leta yashyizeho kizafasha kuzahura ibigo byahombye muri iki kighe cya Covid-19.   2.Leta y'agatsiko yagaragaje ko idafite ingamba zo guhangana na Covid-19 ku kibazo kireba niba amashuri azongera gufungurwa mu Rwanda. a.Dr Frank Habineza yagaragarije Dr Ngirente Edouard impungenge zuko niba amashuri azafungura. b.Ikibazo cyo kwirinda Covid-19 no kugira isuku mu gihe nta mazi meza u Rwanda rufite.   3.Min Dr. Ngamije Daniel yemeje igerageza ry'urukingo rwa Covid-19 ku banyarwanda