Sinopsis
Ijwi ry'Ihuriro NyarwandaThe Voice of Rwanda National CongressLa Voix de Congres National RwandaisDufatanye inzira y'amahoro twubake u Rwanda rushya
Episodios
-
[
30/01/2021 Duración: 03h05minBakunzi ba Radio Itahuka twongeye kubasuhuzanya amahoro y'Imana, kandi twizera neza ko aho muri hose hirya no hino ku Isi ikomeje kubarinda . Mu kiganiro igihe ni iki cy'uyu mugoroba turaza kugaruka ku ngingo z'ingenzi zikurikira: 1) Nyuma yaho u Rwanda rwamaganiwe kure n'ibihugu birenga 90 i geneve mu Busuwisi, birushinja guhungabanya uburenganzira bwa kiremwamuntu, nta kindi rwo rwabonye rwakora usibye kwkoma ibyo bihugu ku isonga harimo icy'Ubwongereza rubushinja ko ngo ibyo bavuze byose ari ibinyoma bituruka kubo rwita abanzi b'u Rwanda. 2) Ubwongereza kandi muri iki cyumweru bwahagurukiwe n'agatsiko karahava, ubu noneho bageze aho babubwira ngo ni " Ba nenge itirora" kandi ngo impamvu ingana ururo. Ibi byose ngo byatewe nuko Ubwongereza bwashyize u Rwanda mu mubare w'ibihugu bitemerewe kwinjiza abaturage babyo muri icyo gihugu, kubera kwirinda icyorezo cya Covid/ ibintu bisa nk'ibyakoze ku marangamutima, niba bakiwugira, ba mwambonye bayobora u Rwanda. ni gute wakwishima ku muntu wari inshuti yawe
-
[
29/01/2021 Duración: 02h09min1.Mu nama World Economic Forum ibera i Davos buri mwaka ariko uyu mwaka yabaye mu buryo bw’ikorana buhanga kubera icyorezo cya Covid19, Kagame abayiteraniyemo yabapfunyikiye amazi. Yiyerekanye nk’umuntu urajwe inshinga no gukemura ibibazo by’imibereho y’abanyarwanda, nyamara wajya mu byo akora ugasanga ibyo akora bihabanye n’ibyo avuga. 2.U Rwanda ruravuga ko ngo ari urwa 6 ku isi mu guhangana na Covid 19. Ntibatubwira niba uburyo bakoresha mu guhangana na Covid 19 aribwo ibindi bihugu bikoresha. Iyo uburayi bugiye muli guma murugo nabo bayijyamo, bayivamo nabo bakayivamo ariko hari byinshi bidakorwa kimwe. 3.Umuvunyikazi Madeleine Nirere wijeje kugendera kumpanuro za Paul Kagame arerekana impamvu abaturage bakurwa mu byabo nta ngurane, bagakora ntibahembwe, ariko nta muti atanga. Abo muri Bannyahe ntibazirirwe bamutakira ntacyo azabamarira.
-
[
28/01/2021 Duración: 02h09min1.Mu nama World Economic Forum ibera i Davos buri mwaka ariko uyu mwaka yabaye mu buryo bw’ikorana buhanga kubera icyorezo cya Covid19, Kagame abayiteraniyemo yabapfunyikiye amazi. Yiyerekanye nk’umuntu urajwe inshinga no gukemura ibibazo by’imibereho y’abanyarwanda, nyamara wajya mu byo akora ugasanga ibyo akora bihabanye n’ibyo avuga. 2.U Rwanda ruravuga ko ngo ari urwa 6 ku isi mu guhangana na Covid 19. Ntibatubwira niba uburyo bakoresha mu guhangana na Covid 19 aribwo ibindi bihugu bikoresha. Iyo uburayi bugiye muli guma murugo nabo bayijyamo, bayivamo nabo bakayivamo ariko hari byinshi bidakorwa kimwe. 3.Umuvunyikazi Madeleine Nirere wijeje kugendera kumpanuro za Paul Kagame arerekana impamvu abaturage bakurwa mu byabo nta ngurane, bagakora ntibahembwe, ariko nta muti atanga. Abo muri Bannyahe ntibazirirwe bamutakira ntacyo azabamarira.
-
[
28/01/2021 Duración: 03h07min1.U Rwanda rwamaganye imvugo y’u Bwongereza ku ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu. a.Johnston Busingye yananiwe kugira icyo abwira igihugu cy'Ubwongereza mu gihe Amb w'abongereza Julian Braithwaite yatungaga agatoki igihugu cyu Rwanda. b.Johnston Busingye yashimiye cyane ibihugu byatanze recommendation avuga ko byose bazabireba bitonze. c.Ibihugu bigera kuri 99 byose byabwiye igihugu cyu Rwanda mazerukorwa n'isoni. 2.Iburirwarengero ry’urubyiruko rugera ku gice cya miliyoni mu ibarurishamibare ry’u Rwanda. a.African Arguments, ni ihuriro nyafurika ry’abanditsi bakora ubucukumbuzi bakanagaragaza uko babona ibintu, binyuze mu nyandikozigaragaza: b.Ubusenguzi bw’imibare ituruka mu ibarura ry’u Rwanda bwatugejeje ku myanzuro iteye amatsiko ku birebana n’urubyiruko rwo muri icyo gihugu, harimo n’amayobera ateye impungenge. c.Igice cya miliyoni cyaburiwe irengero. Byagendekeye gute urwo rubyiruko rugera ku bihumbi 580? 3.Ikibazo cy'imisoro gikomeje guhungabanya abanyarwanda batari bakeya. a.Um
-
[
27/01/2021 Duración: 02h43min1. Min Johnston Busingye yashimye ibihugu byose byatanze recommendation kubirebana n'uburenganzira bwa muntu. a.Johnston Busingye yamaganye ko nta "Safe House " inzu zifungirwamo abantu mu buryo butazwi mu Rwanda. b.Minisitiri Busingye yamaganye abashinja u Rwanda kugira inzu zitazwi zifungirwamo abantu. c.Ibihugu hafi 99 byose byatanze Recommandation zijya gusa hafi 90% zisa ko uburenganzira bwa muntu bwakwitabwaho mu Rwanda. 2.Abakuru b'ibihugu bo mu muryango wa EAC " Africa y'uburengerezuba bazateranira Arusha taliki ya 27/02/2021. a.Umunyamabanga Mukuru wa EAC Bwana Liberat Mfumukeko yatangaje ko yatumije inama isanzwe ya 40 itazerana kuva taliki 22 kugeza 25 z'ukwezi kwa 2 b.Hakazakurikiraho inama y'abakuru b'ibihugu izaba taliki ya 27/02/2021. c.Hateganyijwe amatora y'umunyamabanga mukuru wa EAC ugomba gutorerwa muri iyi nama. d.Ese Paul Kagame azemera kujya muri Arusha Tanzaniya ? Cyangwa azasaba ko inama iba bakoresheje ikoranabuhanga? 3.Urubanza rwa Paul Rusesabagina n'abandi baregarwa
-
[
26/01/2021 Duración: 02h30min1.Paul Kagame mu nama ya WEC Forum " World Economic Forum" yabaye Semuhanuka koko. a.Paul Kagame arashimangira ko Covid-19 yashegeshe cyane abantu bari bafite akazi. b.Kagame ati:"Leta yaratabaye ikoresheje ubushobozi ifite mu Rwanda kuko twashyizeho ikigega cyo gutabara abagizweho ingaruka na Covid-19 cya Miliyoni 100." c.Kagame ati : "Twifashishije ibigega by'ibiribwa mu gutabara abaturage bacu." d.Twishyuye ububwishingizi bw'abaturage bagera kuri miliyoni 2 muri Mutuelle de sante. e.kagame ati :"Iki cyorezo cya Covid-19 cyagaragaje itandukaniro hagati y'abantu." f.Social protect Kagame avuga iri mu Rwanda niyihe? ninde muntu Leta ya kagame irengera muri ibi bihe bya Covid-19? g.Nta Protection nimwe kagame na Leta y'agatsiko bigeze bashyira mu bikorwa mu rwego rwo gufasha abakozi muri Rusange " Abikorera cyane cyane" h.Abikorere bose barimo gutaka, abandi bafunze imiryango, Kagame ati:" Twatanze ibiribwa, twashyizeho ikigega " Economic Recovery Fund " 2.Leta y'ubwongereza yasohoye raporo yabo ya "37th U
-
[
26/01/2021 Duración: 09min1.Paul Kagame mu nama ya WEC Forum " World Economic Forum" yabaye Semuhanuka koko. a.Paul Kagame arashimangira ko Covid-19 yashegeshe cyane abantu bari bafite akazi. b.Kagame ati:"Leta yaratabaye ikoresheje ubushobozi ifite mu Rwanda kuko twashyizeho ikigega cyo gutabara abagizweho ingaruka na Covid-19 cya Miliyoni 100." c.Kagame ati : "Twifashishije ibigega by'ibiribwa mu gutabara abaturage bacu." d.Twishyuye ububwishingizi bw'abaturage bagera kuri miliyoni 2 muri Mutuelle de sante. e.kagame ati :"Iki cyorezo cya Covid-19 cyagaragaje itandukaniro hagati y'abantu." f.Social protect Kagame avuga iri mu Rwanda niyihe? ninde muntu Leta ya kagame irengera muri ibi bihe bya Covid-19? g.Nta Protection nimwe kagame na Leta y'agatsiko bigeze bashyira mu bikorwa mu rwego rwo gufasha abakozi muri Rusange " Abikorera cyane cyane" h.Abikorere bose barimo gutaka, abandi bafunze imiryango, Kagame ati:" Twatanze ibiribwa, twashyizeho ikigega " Economic Recovery Fund " 2.Leta y'ubwongereza yasohoye raporo yabo ya "
-
[
23/01/2021 Duración: 02h56minTubanje kubaramukanya amahoro y'Imana bakunzi ba Radio Itahuka, twizera ko aho muri hose hirya no hino ku Isi Imana Rurema ikomeje kuba mu ruhande rwanyu. Mu kiganiro igihe ni iki cy'uyu mugoroba turaza kuganira ku ngingo zikurikira: 1) Ubushakashatsi radio Itahuka yakoze, burerekana ko abanyarwanda bamaze gusobanukirwa n'ibibazo bibugarije. turabagezaho ibyo badutangarije. 2) ibyemezo biri gufatwa muri iyi minsi birebana na Covid-19 biragaragaza bidasubirwaho ko agatsiko kageze aharindimuka. Turabaha ibimenyetso. 3) Human right watch na freedom in the world bongeye kugaragaza impamvu u Rwanda ruza mu bihugu bya nyuma mu kubahiriza uburenganzira bw'ibanze bwa muntu. Turababwira muri macye ibikubiye muri report zabo ziheruka. 4) The african Report yakoze ubushakashatsi bugaragaza banki 200 za mbere muri africa, muri butangara nimwunva aho u Rwanda ruherereye. 5) Inyeshyamba zirakoza imitwe y'intoki ku butegetsi muri Repubulika ya centre africa. ese iza amarere zizabasha gutabara Perezida Faustin Arcanje
-
[
22/01/2021 Duración: 02h07min1. Umuyobozi mukuru wa RBC, Dr Sabin Nsanzimana ibyo yahishuye ku rukingo rwa Covid 19 haraburamo icy’ingenzi, aricyo kumenya niba urukingo ruzaba ari ubuntu, nibura ku bantu badafite ubushobozi. Ngo u Rwand ruzatanga miliyoni 124$ yo kugura inkingo zizakingira 60% by’abaturage- ngo nibanyura muli Covax ibihugu byishyize hamwe kugirango bibone urukingo, ngo urukingo rumwe bazarubonera kuli 9$ aho kuba 18$. 2. A bahinzi 55 b’u Rusenda bo mukarere ka Nyanza mu mu shinga wiswe Rwabicuma Project, cg se Nyanza-23 nyuma yo kwishimira umushinga watashywe na Kagame muli 2015, watwaye akayabo ka miliyari 6, bakekaga ko uzabavana mu bukene, barararira kwamburwa miliyoni 100 frws na Rwiyemezamirimo wabahingishije urusenda abizeza ko afite isoko. 3. Abantu bararenga ku mabwiriza ya Guma mu Rugo kubera inzara. Abanyamakuru ngo barasanga abantu benshi bishugurikira batambaye cg bambaye udupfumunwa nabi. Ngo harimo abo bakomanga urugo ku rundi bagurisha utuntu ku gataro. Abandi babyiganira mu masoko y’ibiribwa.
-
[
21/01/2021 Duración: 02h07min1. Umuyobozi mukuru wa RBC, Dr Sabin Nsanzimana ibyo yahishuye ku rukingo rwa Covid 19 haraburamo icy’ingenzi, aricyo kumenya niba urukingo ruzaba ari ubuntu, nibura ku bantu badafite ubushobozi. Ngo u Rwand ruzatanga miliyoni 124$ yo kugura inkingo zizakingira 60% by’abaturage- ngo nibanyura muli Covax ibihugu byishyize hamwe kugirango bibone urukingo, ngo urukingo rumwe bazarubonera kuli 9$ aho kuba 18$. 2. A bahinzi 55 b’u Rusenda bo mukarere ka Nyanza mu mu shinga wiswe Rwabicuma Project, cg se Nyanza-23 nyuma yo kwishimira umushinga watashywe na Kagame muli 2015, watwaye akayabo ka miliyari 6, bakekaga ko uzabavana mu bukene, barararira kwamburwa miliyoni 100 frws na Rwiyemezamirimo wabahingishije urusenda abizeza ko afite isoko. 3. Abantu bararenga ku mabwiriza ya Guma mu Rugo kubera inzara. Abanyamakuru ngo barasanga abantu benshi bishugurikira batambaye cg bambaye udupfumunwa nabi. Ngo harimo abo bakomanga urugo ku rundi bagurisha utuntu ku gataro. Abandi babyiganira mu masoko y’ibiribwa.
-
[
21/01/2021 Duración: 02h25min1.Joe Biden yagiriwe inama yo kwigira ku Rwanda mu rugendo rwo kunga Abanyamerika. a.Iyi nkuru yanditswe na Dr Carl Auerbach wo kuri University of Yeshiva University in New York. b.Ni umwarimu wigishya isomo rya Psychologie wakunze kujya mu Rwanda cyane. c.Dr Carl Auerbach ni umuntu ukunze kujya gukora ubushakashatsi mu barokotse Genocide, ibikorwa bye abikora muri Ibuka, FARG, AVEGA, CNLG nibindi. 2.Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’umurimo Rwanyindo Kayirangwa Fanfan yaburiye ibigo bitanga akazi ku banyeshuri barangije muri kaminuza 3 zigenga. a.Inkuru yari yanditswe n'ikinyamakuru igihe iravuga ko Rwanyindo Kayirangwa Fanfan yaburiye ibigo bitanga akazi kubanyeshuri bize mu mashuri akurikira b.Ishuri rikuru ry'abaprotesitani mu Rwanda ariryo PIASS. c.Kaminuza gatorika yu Rwanda "CUR" zose ziherereye mu karere ka Huye, ndetse na Cavendish University Uganda. 3.Abantu bakomeje kwibaza ku magambo ya Prof Shyaka Anastase avuga ko abantu batagomba gutinya inzara ahubwo bari bakwiye gutinya Covid-19. a.A
-
[
20/01/2021 Duración: 02h40min1.Ibyemezo bifatirwa abanyarwanda muri Covid-19 biruta ibifatwa mu gihe cy'intambara. a.Abanyarwanda benshi bakomeje kwinubira ibyemezo bibafatirwa batabanje guteguzwa muri ibi bihe bya Covid-19. b.Prof Anastase Shyaka ati:"Turi Leta yumva abatugare bayo, tugiye gufasha abakeneye ubufasha." c.Police nayo iti:"Ibihano bigiye gukomeza nkuko bisanzwe bikorwa." d.Dr Ngamije yateje urujijo abanyarwanda, yari yatangaje ko habonetse umuti wa Covid-19 ibihumbi 18 bizagera mu Rwanda ejo. e.Itangazo ryasohutse uyu munsi riranyomoza ibyo yari yatangaje rivuga ko nta muti wa Covid-19 uraboneka ndetse bagitegereje inkingo zayo. 2.Pres Museveni yavuze ko hari igihugu cyo mu karere cyashatse kwica amatora muri Uganda. a.Ikinyamakuru Chimpsreport cyatangaje ko inzego z'umutekano za Uganda zataye muri yombi abakozi "Agents" bu Rwanda bari bafite umugambi wo kwica amatora muri Uganda. b.Chimpreports yakomeje ishimangira ko abo bantu nubu bagifungiye muri Uganda. 3.Vincent Biruta i Kinshansa muri Congo aho yashyikir
-
[
18/01/2021 Duración: 01h38min1. Covid 19 yarenze ubushobozi bwa Leta ? Za centres zasyhiriweho kwakira abarwayi ba Covid nta bushobozi zigifite bkuko ngo abarwayi bari hose mu gihugu. Ibitaro bisanzwe byose byategetswe kwakira abarwayi ba Covid-19 kandi ubwishingizi busanzwe buvuza abantu butegekwa kwishyura. Ngo Leta nta bushobozi igifite bwo kuvuza abarwayi ba Covid 19. A. Ikibazo nta mibare Leta yaduhaye ngo tumenye amafaranga yatangaga ku murwayi wa Covi19 muri ziriya centres yari yarashyizeho. Services bahaga umurwayi ni izihe? Zatangwaga na nde? Zishyuzwaga angahe? Uwishyuraga ni nde? Amafaranga yavaga mu kihe kigega? Nta surfacurations zabaye? B.Covid 19 itanze udupfukamunwa kugera mu giturage. C. Nyuma y'iminsi mikuru isoza umwaka umubare w'abandura Covid waratumbagiye. Igihe.com kirandika ko guhera le 4 kugeza le 15 mutarama 2021, hapfuye abantu 36, handura abandi 1897 mu minsi 11 gusa. Aha rero umuntu akaba yakwibaza icyatumye Leta irekura abanyamujyi bakajya kwizihiza iminsi mikuru mu giturage mu mubyigano mwinshi.
-
"UBURERE-MBONERA-GIHUGU & URUKUNDO RW’IGIHUGU : PATRIOTISM"
17/01/2021 Duración: 01h53mina.IGIHUGU NI IKI? b.GUKUNDA IGIHUGU NI IKI? c.IBIKORWA BIGARAGAZA GUKUNDA IGIHUGU d.UMWANZI W’IGIHUGU NI IKI?