Radioitahuka

  • Autor: Vários
  • Narrador: Vários
  • Editor: Podcast
  • Duración: 12470:11:00
  • Mas informaciones

Informações:

Sinopsis

Ijwi ry'Ihuriro NyarwandaThe Voice of Rwanda National CongressLa Voix de Congres National RwandaisDufatanye inzira y'amahoro twubake u Rwanda rushya

Episodios

  • [

    01/10/2020 Duración: 02h49min

    1.Phillip Cotton uyobora Kaminuza y’u Rwanda yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda. a.Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda  Prof. Phillip Cotton, yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda nyuma y’imyaka itanu ayiyobora. b.Leta y'agatsiko yambura ubwenegihugu abanyarwanda ariko ikabuha abanyamahanga. 2.Urukiko  rusesa imanza mu bufaransa rwategetse ko Félicien Kabuga yohererezwa urukiko rw' Arusha muri Tanzaniya. a.Leta y'ubufaransa ifite iminsi 30 yo kohereza Félicien Kabuga urukiko rwasigariyeho urukiko rw'Arusha. b.Umuryango wa Ibuka uravuga ko washimishijwe n'icyemezo cyafashwe n'urukiko mu gihugu cy'ubufaransa. c.Abubacarr Marie Tambadou yabwiye BBC Focus on Africa ko atazi neza aho kabuga azoherezwa kuko hari Arusha cyangwa la Haye d.Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) nirwo ruzaburanisha Kabuga. 3.Taliyi ya 1/10/1990 & Taliki ya 1/10/2020 Imyaka ya 30 irashize FPR Inkotanyi iteye u Rwanda. a.Imyaka 30 isize abanyarwanda bari mu marira n'agahinda

  • [

    30/09/2020 Duración: 02h38min

    1.Paul Kagame aravuga ko kugaruka uhindura ubutegetsi bwe ari inzozi. a.Kagame ntabwo akomeye kuruta abandi bakuru b'ibihugu bavuye ku butegetsi. b.Kagame ati : nta mpamvu abantu bashobora gutaha ku ngufu ngo babigereho. c.Kagame afite ubwoba ndetse aragaragaza imbaraga nkeya. d.Kagame aravuga ko kuba barateye u Rwanda bitandukanye no kuba hari abashaka kugaruka biciye mu buryo bw'imbaraga. e.Kagame aribaza uburyo abantu bagiye bahungamo kuva 1994. f.Kagame ati : Tugomba kwibaza uburyo bagiye "Kwanza bagiye bate" ?   2.Robert Nyamvumba yakatiwe igifungo cy’imyaka itandatu n’ihazabu ya miliyari 21,6 Frw a.Radio Itahuka yabatangarije ko Robert Nyamvumba yafunze bikagirwa ibanga hari kuwa 30/03/2020 b.Ese urukiko rukora iki iyo uburana avuga ko yanditse inyandiko abitegetswe n'inzego z'umutekano c.Robert Nyamvumba ashimangira ko Lt Col Migabo ariwe wamutegetse kwandia iyo baruwa.   3.Usibye Robert Nyamvumba hari urubanza ruregwamo abashinzwe gucunga Gereza mu Rwanda bivugwa barenze ku mategeko bakem

  • [

    29/09/2020 Duración: 01h47min

    1.Ngo umuyobozi wa Gereza ya Gicumbi afunzwe azize gutabariza abagororwa. Musenyeri Nzakamwita wa Byumba yanditse ibarwa ku wa 29.8.2020 itabariza abagororwa bafungiye Gicumbi bafite imirire mibi kubera ko batagisurwa. Musenyeri yasabaga ababishoboye bose gutanga icyo kurya cyafasha abagororwa. Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa rwahise rwandika itangazo rivuguruza ibarwa ya Musenyeri Nzakamwita. 2. I Huye mu cyahoze ari Butare, Ministre Gatete yavuzeko abatazubaka ibibanza byabo bazabyamburwa bigahabwe abandi bashoboye kubyubaka. Ibi ariko si i Butare bibaye gusa. Mu mujyi wa Kigali amategeko yavuze ko uzamara igihe atubatse ikibanza cye azacyamburwa kigahabwa undi,maze barasizora batangira kwamagana akarengane, nyamara ntibigeze basoma ko itegeko ry’ubutaka ngo bamenye umutego FPR yabateze. Abantu badahagurutse ngo barwanye iyi Leta ibakorera amategeko abacuza ibyabo. 3. Ministre w’uburezi Valentine Uwamariya, aravuga ko amashuri natangira nta munyeshuri uzicarana n’undi ku ntebe. Uyu munya

  • [

    28/09/2020 Duración: 02h01min

    [

  • [

    27/09/2020 Duración: 02h01min

    [

  • [

    26/09/2020 Duración: 03h00s

    Turabaramukije bakunzi ba radio Itahuka, kandi tubifuriza amahoro y'Imana aho muri hose hirya no hino ku Isi. Mu kiganiro Igihe ni iki cy'uyu mugoroba, turaza kugaruka ku magambo y'iterabwoba Leta ya Kigali ikomeje kubwira abatavuga rumwe nayo baba mu mahanga, ibabwira ko nabo bidatinze izabashimuta. Ibi bikaba bisa nkaho gushimuta Paul Rusesabagina byayongereyemo akanyabugabo k'uburyo yumva yakomeza kwirengagiza amahame mpuzamahanga y'umuryango w'ababumbye, igakomeza ihonyora uburenganzira bwa kiremwamuntu. Ibi nyamara bikaba bitabuza amajwi yamagana ibikorwa by'urukozasoni Leta ya kigali ikomeje gukora ihonyora uburenganzira bwa muntu, nkuko bigaragazwa n'amatangazo aza yisukiranya yamagana ishimutwa ryakorewe Paul Rusesabagina, cyangwa se iterabwoba rishyirwa kuri Dr Dennis Mukwege. Turaza kurebera hamwe imyigaragambyo ikomeye muri DRC aho abaturage bavuga ko batazaruhuka Ambassador Vincent Karega atabaviriye mu gihugu kubera amagambo y'ubushinyaguzi yabavuzeho mu gihe cyo kwibuka ubwicanyi bwabereye Kas

  • [

    24/09/2020 Duración: 02h10min

    1.Ibiranga isoko ryisanzuye: ISOKO RYISANZUYE ni system aho umuntu wese ashobora kugiramo uruhare mu bukungu Leta itabyivanzemo cyangwa izindi ngufu ziharira isoko ( monopole). Ibi bishingiye ku mahame ko iyo buli wese akoze mu nyungu ze yiteza imbere ubukungu bukora neza. ISOKO RYISANZUYE RIGIRA AMATEGEKO ARIGENGA AGAMIJE IPIGANWA RIKURIKIJE AMATEGEKO. Ikinyoma u Rwanda rwamye rurisha ngo ni urwa 2 muri Afrika. 2.Bya byumba by’amashuri 22.500 byagombaga kuzaba byaruzuye muri Nzeri 2020, byananyie Leta kubyuzuza. Ibyumba hafi 20.000 muli biriya twavuze haruguru biri munsi ya 40% byubakwa kandi ukwezi kwa nzeri gusigaje iminsi 6 gusa. Niba gutangira kw’amashuri muli Nzeri 2020 byaragombaga kubanzirirwa no kuzuza biriya byumba mu rwego rwo kugabanya ubucucicike kubera Covid-19, amashuri yari gutangira ate? 3.Tanzania ntiyemera ibipimo bya Covid 19 biturutse mu Rwanda n’u Rwanda ntirwermera ibya Tanzania. Ibi ngo biratinza abashferi b‘amakamyo bagomba gukoresha ibindi bipimo bibahenze( 50$ mu Rwanda) bikan

  • [

    24/09/2020 Duración: 03h03min

    1.Inama ya CHOGM 2021 izabera i Kigali mu Rwanda mu kuva le 21/06/2021. a.Patricia Scotland Umunyamabanga wuyu muryango yabitangaje uyu munsi ko yemeranyije na Kagame italiki iyi nama iteganyijwe kuberaho. b.Paul Kagame ngo yijeje uyu muryango ko ntakizabahungabanya ubwo bazaba bari mu Rwanda. c.Ese ubanyamuryango ba Commonwealth baba bafite impungenge ku mutekano wabo ubwo bazaba bari mu Rwanda? d.Kagame yamenya ate ibizaba mu mezi 10 asigaye? Ese ubundi icyorezo cya Covid-19 kizaba cyaragiye he? 2.Ibizigwa mu nama ya CHOGM 2021 ntabwo bishoboka ku mu Rwanda. a.Ibihugu birimo kwiyubaka nyuma ya Covid-19 "Ariko twabibutsa ko Covid-19 ntaho yagiye" b.Imihindagurikire y'ikirere. c.Ubukungu bw'isi n'iterambere rirambye uburyo bigomba gukemuka biciye mu iterambere mpuzamahanga. 3.Barry Andrews na bagenzi be bagera kuri 26 bandikiye ibaruwa Josep Borrell uhagarariye umuryango wa EU muri komisiyo y'ububamyi n'amahanga. a.Ibaruwa yabo iragaragaza impungenge batewe n'ifatwa ndetse n'ifungwa rya Paul Rusesabagin

  • [

    23/09/2020 Duración: 03h02min

    1.Leta y'agatsiko yashatse kwikura mu kinyoma cya Doing Business ikoresha index of Economic Freedom index. a.Radio Itahuka yatumye Leta y'agatsiko ishaka kunyomoza ibitangazwa na World Bank muri Doing Business. b.Word bank yagaragaje ko ibihugu byishyuraga kugirango babivuge neza harmo n'u Rwanda.   2.Mukasine Marie Claire yatangaje ko basuye Paul Rusesabagina aho afungiye. a.Umuyobozi wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu  yavuze ko bagiye gusura Rusesabagina hagamijwe kureba uko uburenganzira bwe bwubahirizwa mu bijyanye n’imibereho myiza no guhabwa ubutabera buboneye, ndetse ko bamukoreye ubuvugizi ku byifuzo bye. b.Paul Rusesabagina akwiye gufungurwa ntayandi mananiza. c.Mukasine Marie Claire aravuga ko yibwirije kujya gusura Paul Rusesabagina. d.Abunganiza ba Paul Rusesabagina baherutse kwandikira komisiyo y'umuryango w'abibubye ishinzwe gukurikira ibyaha by'iyicarubozo muri UN.   3.Ijambo rya Paul Kagame yagejeje ku nteko y'umuryango w'abibubye nta kintu kirimo nagato. a.Mu butumwa

  • [

    22/09/2020 Duración: 03h08min

    1.Paul Kagame yashoye imari mu kigo gikora indege za Drones cya "Meteor" a.Amakuru yatanditswe n'ikinyamakuru cya Intelligence Online Hari taliki ya 18/09/2020 cyahishuye umugambi wa Paul Kagame wo kugura imigabane ya kompanyi ikora Drones. b.Hezi Bezalel uhagaririye igihugu cyu Rwanda muri Israel yari asanzwe ari umunyamigabane wa kompanyi ya "Meteor". c.Baravuga ko u Rwanda rwaguze imigabanye ya "Hezi Bezalel" miliyoni 120 ku ikubitiro. d.Undi mushoramari ufite imigabane muri iyi kompanyi ni "Yitzhak Nissan" akaba ariwe CEO wa Kompanyi Meteor kandi akaba yarahoze ari CEO wa Israel Aerospace Industries. e.Ikinyamakuru kivuga ko Minisiteri y'ingabo muri Israel itaremera ayo masezerano kuko kugirango ukore ubwo bucuruzi Minisiteri y'ingabo igomba kumwemerera. 2.Le président Félix Tshisekedi ahagaritse urugendo rwo kujya kuri Goma ku munota wa nyuma a.Radio Itahuka tumaze iminsi tubabwira inama yategurwaga kubera i Goma imaze gusubikwa ishuro zigera kuri 2. b.Le président Félix Tshisekedi yari afite uru

  • [

    20/09/2020 Duración: 01h55min

    1.FMI irateganya ko imyenda y’u Rwanda izagera kuri 64,5% (2020), 66,4% (2021), 65,7%( 2022). Ibi biri muri rappot yitwa The Socio-Economic Impact of Covid-19 in Rwanda ku rupapuro rwa 14, iyi nyandiko ikaba ari iya PNUD ishami mu Rwanda yasohotse muri kamena 2020. Uko bigaragara rero imyenda y’u Rwanda yaratumbagiye. Ibi bikaba bitabura kugirana isano no kugabanya abakozi ba Leta birimo gukorwa binyuze mu guhuza ibigo ngo bifite inshingano zijya gusa,. 2.Radio Itahuka yakunze kugaragaza ko uturere twinshi dutubya nkana imibare y’abana bagwingiye, ugasanga akarere kagombye kuba gafite abana bagwingiye bari munsi cg hejuru gato ya 10.000, bitewe n’umubare w’abaturare na % y’ubugwingire muri ako karere, ugasanga akarere karatanga imibare ihabanye n’ukuri, hamwe na hamwe ugasanga batanga imibare yerekena ko iwabo kugwingira ari 200 cg 300. Inkuru ishimangira iri tekinika ni inkuru ivuga ko mu turere hirya no hino bahabwa ibiryo bike (50%) bigenewe abana bagwingiye n’abagore batwite bafite imirire mibi. 3.Uruga

  • [

    20/09/2020 Duración: 01h57min

    [

  • [

    19/09/2020 Duración: 02h55min

    Tubashuhuzanyije amahoro y'Imana banyarwanda, banyarwandakazi. Uyu mugoroba dufite ibyishimo byo kubaganiriza mu kiganiro igihe ni iki, inkuru nziza y'Igihembo mpuzamahanga cyahawe Mutagatifu Kizito Mihigo, kubwo kuba yarahanze udushya mu guharanira uburenganzira no kurwanya igitugu n'akarengane mu gihugu cye cy'u Rwanda. Iki gihembo kitiriwe Vaclav Havel wahoze ari Perezida wa Tchecoslovakiya akaba yagiherewe hamwe n'abandi barimo umunyabugeni Badiucao ukomoka mu bushinwa, hamwe n'umunya arabia saudia witwa Omar Abdulaziz. Turaza kandi kuganira ku cyemezo cy'inteko ishingamategeko y'ubumwe bw'iburayi yashyigikiye icyifuzo cya Dr Dennis Mukwege cyo gushyiraho Urukiko Mpuzamahanga ruzakurikirana ibyaha by'intambara n'iby'inyokomuntu byakorewe muri DRC, nkuko byagaragajwe na Mapping Report. EU ikaba isaba ko amahanga yose yashyigikira icyo gitekerezo. Turaza kuganira kuri Kangaroo court mu rubanza rwa Paul Rusesabagina, aho umunyamategeko aza kudufasha gusobanukirwa ikinamico ry'amategeko yo mu Rwanda

  • [

    17/09/2020 Duración: 01h34min

    1.Kubura imbuto biranze bibaye indwara idakira. NAEB ngo iraregwa gutanga imbubto zatwaye akayabo ka miliyoni 136 ariko ntizifate, muri Rwamagana ngo yatanze ingemwe za macadamia muri zo hafata 40% gusa( igihe 15.09.2020) Muhanga imbuto y’ibirayi ikiro kimwe kiragura 800frws kandi ngo ubundi itagombye kurenza 600frws (umusek.rw 16.09.2020). Muri Nyaruguru iragura amafranga 1000 kandi ubundi ngo ubusanzwe yaraguraga 350-600frws (igihe.com 16.09.2020). Cassien Karangwa ,umuyobozi muli Minicom arapfobya ikibazo haba mu mafranga ( 500frws) , haba mu buremere bwacyo, kuko ivuga ko igitangaza kirimo ko imbuto ihenda muri iyi saison kuko ngo ari ibisanzwe. Umuntu akibaza impamvu nta cyo Leta yakoze kandi ituwe izi ko ikikibazo ari "ingarukamwaka“ . 2.Ubushakashatsi bwakorewe na USAID mu Rwanda ngo bwagaragaje ko gufashisha abakene amafaranga bitanga umusaruro kurusha kubaha amahugurwa cg ibiribwa (igihe.com 16.09.2020) Ibi bikwiye guhindura iki muri gahunda za Leta y’agatsiko aho usanga u Rwanda rujya gufata imyend

  • [

    17/09/2020 Duración: 02h44min

    1.Amasezerano hagati ya Leta y'agatsiko n'amavuriro ashingiye ku madini akomeje gutera impaka mu banyarwanda a.Ese kuba Leta itegeka amavuriro y'amadini gutanga service zo kuboneza urubyaro no kuvanamo inda byaba bihabanye n'imyemerere y'amadini? b.Amadini yo mu Rwanda azemera amafaranga ya Leta y'agatsiko cyangwa azakomeza kwihagararaho ? c.Minisitiri w'ubuzima Ngamije yasabye ibitaro n'amavuriro by'amadini gushyira mu bikorwa ibyemezo by'amasezarano bagiranye. 2.Betty Nyiramabengeza wahoze ari konseye i Nyamirambo yafunzwe azira icyobo cyahabonetse. a.Betty Nyiramabengeza yabaye konseye imyaka 10 yose. b.Akurikiranyweho ko yahishe amakuru cyangwa ko atatanze amakuru y'icyobo cyabonetse hariya i Nyamirambo. c.Amakuru arimo kuva i Kivugiza arashimangira ko Bety Nyiramabengeza ashinjwa gupfobya génocide.  d.Betty Nyiramabengeza ni muramu wa Col Byabagamba nkuko amakuru atubwira ko bashakanye mu miryango yabo. 3.Ese Leta yu Rwanda izakomeza gufunga urubuga rwa Politike kugirango abany

  • [

    16/09/2020 Duración: 02h51min

    1.Umunsi mpuzamahanga wa Demokarasi ku Isi utandukanye cyane nuko Leta y'agatsiko ibyumva. a.Nyuma y'imyaka 26 u Rwanda ntirurasobanukirwa na Demokarasi. b.U Rwanda ruri mu myamya y’inyuma mu kwimakaza Demokarasi. c.The Economist Intelligence Unit's index of democracy iheruka muri 2019 yashyize u Rwanda ku mwanya wa 129 mu bihugu 167. d.Ubushakashatsi buheruka bwahaye u Rwanda amanota 3/10 yashingiweho. e.Rwanda Governance Scorecard ivuga ko demokarasi yo Rwanda iri hagati 74 & 90 %. 2.Umuryango wa Rusesabagina utewe impungenge n'ubuzima bwe nyuma yo kumubona ejo yitabye urukiko. a.Carine Kanimba yaganiriye na VOA avuga ko batewe impungenge n'ubuzima bwa Paul Rusesabagina. b.Umuryango wa Rusesabagina ukomeje gushimangira ko ibyakozwe byose ari ikinamico. 3.Inama y'abakuru b'ibihugu byo mu karere izabera i Goma taliki ya 20/09/202 a.Uyu munsi Minisitiri w'ububanyi n'amahanga wa Congo yakiriye Ambasaderi wa Uganda i Kinsansa bagirana ibiganiro birebana n'inama yabakuru bibihugu. b.Ma

  • [

    15/09/2020 Duración: 02h56min

    1.Paul Rusesabagina yatangiye kuburana ifungwa n'ifungurwa. a.Imbogamizi zatanzwe n'umukozi wa DMI zateshejwe agaciro n'ubushinjacyaha. b.Ububasha bw'urukiko,amategeko yakoreshejwe kuri Rusesabagina, inyito y'ibyaha akurikiranweho. c.Ubushinjacyaha birifuza ko Paul Rusesabagina yahita afungwa iminsi 30 mu gihe iperereza rikomeje. d.Inyandiko mvugo zakozwe na Paul Rusesabagina wiyemereye ko yatanze ama Euro ibihumbi 20. e.Bavuze ko Rusesagagina yemeye ko MRCD yakusanyije amafaranga asaga ibihumbi 300 by'ama Euro. f.Paul Rusesabagina avuga ko ibyo ashinjwa azabyisobanuraho natangira kuburana. 2.Umuryango wa Paul Rusesabagina ukomeje kuvuga ko udashaka abo bunganizi b'agatsiko. b.Dr Alphonse Mulefu yavuze ko hagomba gusuzumwa niba abanganizi ba Paul Rusesabagina bafite ubushobozi bwo kumwunganira mu Rwanda. c.Brian Endless yabwiye BBC ko bakomeje gusaba ko Paul Rusesabagina yakunganirwa n'itsinda ry'abanyamategeko akuriye. d.BBC ivuga ko Umuvugizi wa President Edgar Lungu yahakanye uruhare b

  • [

    13/09/2020 Duración: 01h27min

    1. Ibihugu bimwe na bimw byoroshya amategeko yo gucuruza urumogi cg gushyingirwa, gukuramo inda no gutwitira abandi. Iki giheruka Ubuhinde bwakivanyemo miliyari 2,5$. Mu rwa Gasabo hatangiye business nshya yo gutwitira undi. Ibi byabanjirijwe no kulibelarisa ubusambanyi abana bataruzuza imyaka y’ubukure bemererwa gufata imiti ibarinda gutwita, bemererwa gukuramo inda, n’abarengeje imyaka 18 boroherezwa impamvu zo gukuramo inda. Ibi kiliziya gatolika yabiteye utwatsi . 2. Itangira ry’amashuri rihishe ibibazo byinshi bimwe muri byo Leta ikaba itajya ibikomozaho. Iravuga ko izita ku kibazo cy’isuku no kugaburira abana kw’ishuri. Leta yarinangiye ikomeje kuvuga ko izongera amafranga ya minerval kubera ibikorwa byo kurwanya Covid19 bizazanwa mu mashuri. Leta yiyita singapuru y’Afrika iranatumenyesha ko munsi umunyeshuri imutangaho 56frws (5,6% by’idolari) yo ku mugaburira naho umubyeyi akitangira 12000frws ku gihembwe.

  • [

    12/09/2020 Duración: 02h51min

    1.Rusesabagina yasabiwe kurekurwa agakurikiranwa adafunzwe “kuko ari umuntu mwiza”. a.Uyu munsi Paul Rusesabina yitabye urwego rw'ubushinjacyaha mu ibanga  rikomeye kuburyo abanyamakuru babirukanye. b.Umuryango wa Human Rights Watch washimangiye ko Paul Rusesabagina yashimuswe. c.Paul Kagame yivugiye ko atumva ukuntu Paul Rusesabagina yaba Intwari "Hero". 2.Me Rugaza David yasabiye Paul Rusesabagina kuburana adafunze ashingiye: a.kubera impamvu zirimo uburwayi amaranye igihe, b.kuba ari “umuntu mwiza” utarahamwe n’icyaha na kimwe. c.Kuba ahabwa ibihembo mpuzamahanga kandi bigaragaza ubunyangamugayo bwe. 3.Nsabimana ’Sankara’ yasabye urukiko ko Dossier ye ihuzwa n’iya ’Shebuja’ Rusesabagina. a.Dossier Nsabimana Callixte ‘Sankara na  Nsengimana Herman zishobora guhuzwa mu rubanza rumwe. b.Nsabimana Sankara yasabye ko dossier ya  Rusesabagina Paul yise ‘Shebuja’  yahuzwa niye kuko ari bwo hatangwa ubutabera bwuzuye. 3.Amabwiriza mashya yo kurwanya Covid-19 arateza imbere Hotels na RSSB kuruta abikorer

  • [

    11/09/2020 Duración: 02h09min

    1. Impunzi z’abarundi ziri mu Rwanda zikomeje gutaha ku bwinshi kandi ku bushake. Izo muli Mahamba 3637 ngo zimaze kwiyandikisha. Izo muri Uganda mu nkambi ya Nakivale nazo zirasaba ngo zandikiye prezida w’u Burundi zimusaba ubufasha ngo zitahe. Ni mugihe ariko impunzi z'abanyarwanda zanze gutaha, hakaba ngo haratahutse abatageze kuli 1%. 2. Abazunguzayi bo muri Rubavu birukanwe aho bacururizaga mu gasoko kitwa kwa "Rujende", aho bashakiwe n’umuryango witwa „ Femmes Actives“ ubakuye mu muhanda. None babwiwe ko amasezerano yo gukorera muri ako gasoko yarangiye basubiye mu muhanda hirya no hino mu mujyi imbere y’amaduka. 3. Akavuyo mu ngamba zo kwirinda Covid-19. Inama y’abaministri, Minaloc na RDB biratanga amabwiriza avuguruzanya. Zimwe mu ngamba zifatwa ngo zaba zibangamiye abaturage (igihe.com, 8/9/2020). Ibi byose bikubiye mu ibarwa imiryango itegamiye kuri Leta yandikiye PM Ngirente Edouard. 4. Abanyarwanda 1800 bakoze i Burundi bagatahukana na FPR muri1994 bafite ikibazo cyo kubona pension inyuz

página 53 de 235