Sinopsis
Ijwi ry'Ihuriro NyarwandaThe Voice of Rwanda National CongressLa Voix de Congres National RwandaisDufatanye inzira y'amahoro twubake u Rwanda rushya
Episodios
-
[
11/09/2020 Duración: 02h04min1.Leta y’agatsiko imaze imyaka 26 itegeka irashyize yemeye ko ifite abaturage babarirwa mu ma miliyoni batabasha kwigondera agapfukamunwa kagura 0,5$ none irimo kwakira ubufasha abakene bayo ngo ababishoboye bikorakore babagurire udupfukamunwa? 2. Mu karere ka Ngoma ngo huzuye Hoteli itwaye miliyari 3,5 frws imara imyaka 3 itarabona umushoromari uyikodesha. Amahoteli muli werurwe mata 2020 urwego rw’ubukerarugendo ngo rwari rwarahagaze ho 99% Leta ikavugako rwari rwarasenyutse burundu. 3.Ikibazo cy’itangira ry’amashuri kiracyari isobe. Kaminuza nyinshi zishobora kuzafungwa kubera ibyo zisabwa bikakaye. HEC yashyizeho gahunda yo kuzigenzura. Leta irashaka abarimu ibihumbi 28 ariko abakoze ibizami ngo 85% baratsinzwe bazaha akazi abarimu badafite ubushobozi. 4.Banki i y’Isi ngo yatesheje agaciro urutonde rw’ukuntu ibihugu bisumbanya amanota Doing Business kuko ngo muri 2018 na 2020 ibigenderwaho mu gutanga amanota ntibyakurikijwe mu bihugu bimwe na bimwe bituma hagaragara mo amanyanga. Ngo amanota yatanzwe
-
[
10/09/2020 Duración: 02h42min1.RIB "urwego rw'ubugenzacyaha bwagejeje Dossier ya Paul Rusesabagina mu rwego rw'ubushinjacyaha. a.Ibyaha biregwa Paul Rusesabagina byamazwe gushyirwa hamwe byose bishyikirizwa ubushinjacyaha. b.Paul Rusesagagina yahawe undi mu nyamategeko wa kabiri ariwe Emeline Nyembo waje asanga Me David Rugaza umaze iminsi avuga ko ariwe umuhagarariye. c.Paul Rusesabagina yitabye urwego rw'ubushinjacyaha kandi biravugwa ko urubanza rushobora gutangira mu gihe kitarenze iminsi 5. 2.Umuryango wa Paul Rusesabagina washimangiye ko wamuvugishije ejo hashize. a.Umukobwa wa Rusesabagina yashimangiye ko baganiriye nawe ejo hashize ariko ko yumvaga adatekanye. b.Umuryango wa Paul Rusesabagina wongeye gushimangira ko abanyamategeko bamwunganira batabemera ndetse batabashaka muri Dossier ye. c.Urwego rw'ubugenzacyaha bwongeye gushimangira ko Paul Rusesabagina ameze neza. 3.Charles Ndareyehe wari wafashwe n'inzego z'igihugu cy'ubuholandi yarekuwe uyu munsi. a.Justin Bahunga umuyobozi wa FDU Inkingi yabwiye BBC u
-
[
09/09/2020 Duración: 02h46min1.Radio Itahuka ikomeje kuvumbura itekinika ririmo gukorwa na Leta y'agatsiko ishaka uburyo itekinika ibyaha bya Rusesabagina. a.Twabashije kumenya ko biciye kuri Me Rugaza David hamwe n'urwego rw'iperereza bamaze kwinjira muri Telphone na Email bya Paul Rusesabagina. b.Ikindi twabashije kumenya ni uko barimo gusaba ko umuryango wakwemera kubaha uburenganzira bwo guhagararira Rusesabagina. c.Hari itekinika barimo gushaka gukoresha, kwandika inyandiko zibaha uruhushya bakavuga ko zakwozwe na Famille Rusesabagina. d.Umuryango wa Paul Rusesagagina ugamba kwirinda kwandika no gusubiza message zose zaba iziza kuri email cyangwa kuri Telefone kuko bizahita bishimangira ko baganira n'uwiyita umwunganizi mu mategeko wa Rusesagagina kandi ari DMI irimo kubikora. 2.Abari muri Hotel Rwanda bakomeje kwinubira ibyo barimo gusabwa kuvuga no gushinja Paul Rusesagagina. a.Radio Itahuka twabashije kubona amakuru ko hari abarimo guhabwa "Receipt" inyemezabwishyu ko bishyuye Hôtel des Mille Collines. b.Guhimb
-
[
08/09/2020 Duración: 02h51min1.Leta yagatsiko ikomeje kurwana no gusobanura uburyo Paul Rusesabagina yisanze mu Rwanda. a.RIB yari yatangaje ko Paul Rusesabagina yageze mu Rwanda biciye mu bufatanye bw'ibihugu bitandukanye. b.Paul Kagame yivugiye ko Paul Rusesabagina yizanye mu Rwanda. c.Col Jeannot Ruhunga nawe yagerageje gusobanura uburyo Paul Rusesabagina yageze mu Rwanda. d.Kubera iki ibisobanura birimo gutangwa birushaho kuvugaruzanya? 2.Kubera iki Kagame agaruka cyane k'ubutwari bwa Paul Rusesabagina? a.Ese kuba Rusesabagina yarahawe ibihembo byo kuba yaragize uruhare mu gukora igikorwa cy'ubutabazi nabyo bihinduka ikibazo kuri Paul Kagame? b.Ubuhamya burimo gutangwa na Makuza ndetse na Nyiramirimo buhatse iki magingo aya? 3.Abanyamategeko batoranyijwe n'umuryango wa Rusesabagina bangiwe kujya mu Rwanda. a.Kubera iki abanyamategeko b'umuryango wa Rusesabagina bangiwe kujya mu Rwanda? b.Umunyamategeko wumvikana ko avugira Rusesabagina ntago ariwe watoranyijwe n'umuryango. 4.Umwaka w'ubucamanza mu Rwanda 202
-
[
07/09/2020 Duración: 02h32minTurabaramukije bakunzi ba radio Itahuka, na mwe banyarwanda banyarwandakazi. Mu kiganiro cy'uyu mugoroba turagaruka kubyatangajwe na Perezida Kagame mu kiganiro yagiranye na RBA. Nyuma y'igihe kinini atagaragara, ndetse bamwe bakaba bari baratangiye kumubika, Perezida Kagame yongeye kugaragara ku nsanganyamashusho za Radio na Television by'u Rwanda. Mu kiganiro yagiranye n'abanyamakuru Christophe Barore na Fiona Mbabazi. nubwo atigeze avuga aho yari amaze iminsi n'ibyo yari ahugiyemo, Perezida Kagame yagarutse kuri Rusesabagina, amuvugaho byinshi nkuko tuza kubibona muri kino kiganiro. Yanagarutse kubamaze iminsi bamubika kuri murandasi, abacira umugani uvuga ngo "Urucira mu kaso rugatwara nyoko" yongeraho n'andi magambo y'iterabwoba ku bamurwanya. turaza kubirebera hamwe nabyo. Perezida Kagame yanagarutse kuri Mapping report yise umwanda, maze avuga ko yakozwe n'ibihugu by'ibihangange bigamije kwihanaguraho uruhare rwabyo mu byaha by'ubwicanyi bwabaye mu karere k'ibiyaga bigari, bigahitamo kubishyira ku Rw
-
COVID-19 : KUBERA IBIHANO BIKAKAYE BY’ABARENGA KU MABWIRIZA RUSWA IRACA IBINTU.
06/09/2020 Duración: 01h53minCOVID-19 : KUBERA IBIHANO BIKAKAYE BY’ABARENGA KU MABWIRIZA RUSWA IRACA IBINTU. Ibihano by’abanyura ku mategeko yo kwirinda Covid-19 amahirwe akomeye ku bayobozi bahise bazamura ibiciro bya ruswa. Abashaka imyana mu masoko, umubare w’abagomba gutaka ubukwe cg gushyingura utagize icyo utanze wemererwa abo amategeka gusa, abakingirwa butike, abo ibinyabiziga bihagarikwa kubera kunyura ku mategeko ya Covid-19. Abo bose barakwa ruswa kugirango badohorerwe. Amashuri yigenga arasabwa ibyangombwa bikomeye kubibona kugirango azongere atangire, aha naho birakekewa ko utazatanga inyoroshyo bazamugora bizamugora kugirango ishuri rye ryongere rikingure. Mubitesha abantu umutwe ni ukuregwa kwambara agapfukamunwa nabi kuli bamwe bakamanura bashaka kunywa itabi cg kugira icyo batamira, abamaneko barajagata bagira uwo babona amanuye agapfukamunwa bagahita batelefona ngo yarenze ku mabwiriza. Aha naho hari ruswa nyinshi. Amavuliro yo muli prisons ngo nta miti ihabarizwa usibye ibipfuko, ariko kubona transfert ngo umugororwa
-
IBINYOMA BYA KIGALI BIRAMBIYE AMAHANGA N'ABANYARWANDA
05/09/2020 Duración: 02h31minBanyarwanda banyarwandakazi, namwe bavandimwe mukurikira ibiganiro bya radio Itahuka, turabasuhuje aho muri hose hirya no hino ku Isi, tubifuriza kugira amahoro y'Ímana. Uyu munsi mu kiganiro cyanyu igihe ni iki turaganira ku ngingo zikurikira: Twifashishije ingamba 9 za FPR yari yarijeje abanyarwanda turaza kurebera hamwe uburyo byose byateguriwe gucurika no gukinja abanyarwanda ku bw'inyungu za bamwe. Turaza kandi kureba ibi bikurikira: 1) Dipolomasi y'ikinyoma ya FPR igeze aharindimuka. Nyuma yo gushimuta umunyabigwi Paul Rusesabagina, amahanga amaze kwereka Kigali ko arambiwe ibinyoma n'ubwicanyi bwayo. Nyuma yuko Amerika itumiza Ambassador Mukantabana ngo aze kwisobanura kuri icyo kibazo, ubu noneho ibinyamakuru byose bikomeye ku Isi byamaze gushyira hanze amabi ya Kigali bihereye kuri iri shimutwa, CNN, The guardian, Washington post, Reuters, ntakindi bivuga usibye kamere y'ubwicanyi ya Kagame na Leta ye. 2) Turaza kurebera hamwe uko abanyarwanda bakomeje kubyinishwa muzunga na Politiki ya lala sa
-
[
03/09/2020 Duración: 02h05min1.Leta y’agatsiko imaze imyaka 26 itegeka irashyize yemeye ko ifite abaturage babarirwa mu ma miliyoni batabasha kwigondera agapfukamunwa kagura 0,5$ none irimo kwakira ubufasha abakene bayo ngo ababishoboye bikorakore babagurire udupfukamunwa? 2. Mu karere ka Ngoma ngo huzuye Hoteli itwaye miliyari 3,5 frws imara imyaka 3 itarabona umushoromari uyikodesha. Amahoteli muli werurwe mata 2020 urwego rw’ubukerarugendo ngo rwari rwarahagaze ho 99% Leta ikavugako rwari rwarasenyutse burundu. 3.Ikibazo cy’itangira ry’amashuri kiracyari isobe. Kaminuza nyinshi zishobora kuzafungwa kubera ibyo zisabwa bikakaye. HEC yashyizeho gahunda yo kuzigenzura. Leta irashaka abarimu ibihumbi 28 ariko abakoze ibizami ngo 85% baratsinzwe bazaha akazi abarimu badafite ubushobozi. 4.Banki i y’Isi ngo yatesheje agaciro urutonde rw’ukuntu ibihugu bisumbanya amanota Doing Business kuko ngo muri 2018 na 2020 ibigenderwaho mu gutanga amanota ntibyakurikijwe mu bihugu bimwe na bimwe bituma hagaragara mo amanyanga. Ngo amanota yat
-
[
03/09/2020 Duración: 02h30min1.Leta zunze ubumwe z'abarabu zahakanye uruhare rwo gushimuta Paul Rusesabagina. a.Paul Rusesabagina yageze i Dubai kuwa kane araharara yongera kuhava kuwa gatanu muri Private Jet yerekeza muri East african. b.Leta zunze ubumwe z'abarabu zirashimangira ko Paul yinjiye muri UAE ndetse akahava mu buryo bwemewe. c.Rusesabagina yahagurutse chicago kuwa kane yerekeza i Dubai nkuko umuryango we ubishimangira. d.Igihugu cya East Africa cyaba kivugwa ko aricyo Rusesabagina yagiyemo ntabwo cyatangajwe. 2.James Kabare yashimangiye ko Paul Rusesabagiza azaba atakiriho mu mwaka wa 2019. a.Kabarebe ubwo yaganiraga n'abasore n'inkumi bo muri A yashimangiye ko Paul Rusesebagina azaba atakiriho mu minsi iri imbere hari taliki 04/04/2019. b.Leta ya kagame niyo ikora ibikorwa bya Terrorism ku banyarwanda ubwacu , ntabwo wavuga ko umuntu azaba atakiriho nkaho ari wowe umubarira iminsi yo kubaho . 3.Pres Donal Trump yafatiye ibihano umushinjacyaha mukuru wa ICC Fatou Bensouda. a.Fatou Bensouda arazira kuba a
-
[
02/09/2020 Duración: 02h57minTurabashuhuje banyarwanda, banyarwandakazi, namwe mwese mukurikira ibiganiro bya Radio Itahuka hirya no hino ku Isi. Kandi dukomeje kubaragiza Imana muri ibi bihe bikomeye. Kuri uyu mugoroba nkuko benshi mubitekereza turaza kugaruka ku ishimutwa ry'umunyabigwi Paul Rusesabagina, aho amahanga ubu yose yahagurukiye icyo kibazo. U Rwanda rukaba rugiye mu ihurizo ryo kuzasobanurira amahanga ko Paul Rusesabagina bazi atariwe koko. ku rundi ruhande abatavuga rumwe na Leta nabo bakomeje kwamagana iryo fatwa bivuye inyuma. Amasomo abantu bakwiye kwigira kuri iyi mikorere ya Leta ya Kigali ni ayahe? Si Paul Rusesabagina uteye Leta y'u Rwanda ikibazo wenyine, undi ukomeje kuvugwa cyane ni Prix Nobel de la Paix , Dr Denis Mukwege, uherutse gutanga ikiganiro mu nteko y'abashingamategeko b'íburayi, aho yongeye kugaruka kuri Mapping Report. Iki kibazo kikaba kimaze kumukururira ibibazo bikomeye by'umutekano. Turaza no kuvuga gato kuri CEO wa AFDB wongerewe Mandat, mu bamushimiye hakaba harimo na Perezida Kagam
-
[
30/08/2020 Duración: 02h07min1.Uturere dutandukanye duhora dutekinika umubare w’abana bagwingiye. Mugihe abana bari munsi y’imyaka 5 ari hafi 8% by’abaturage bose miliyoni 12 (abana ibihumbi 960) kandi muri abo 960.000 muri bo 38% bakaba barangwingiye (abana 364.000). Buli karere mu turere 30 tugize igihu gafite hafi ibihumbi 10 by’abana bangwingiye, umubare ukaba ushobora kurengaho gato cg ukagabanukaho gato bitewe n’umubare w’abaturage na ndetse na % yo kugwingira bafite, kuko 38% ni impuzandengo hamwe bashobora kugira 37% handi 42%. 2.Ubufsha bwatanzwe n’imiryango ituwe ifasha abatishoboye n’abugarijwe n’ibiza ntisonera Leta inshingano zayo. Imiryango Croix-Rouge, Plan International na Community Socio- Economic Initiative (SCDI) ikorera mu Rwanda irasa n’aho itanga imfashanyo Leta ikayiyitirira, ikamurika ibyakozwe n’iriya miryango aho gusobanura impamvu itagobotse abantu batakaje akazi bitewe na Covid-19 . 3.Ingamba nshya zo kwirinda Covid-19 zikomeje guhungabanya abantu. Rwanda Broadcasting Agency iratubwira ko abantu 700 barajwe
-
[
30/08/2020 Duración: 01h28minNAMA YA KABIRI YAHUJE IMIRYANGO ITEGAMIYE KURI LETA N’AMASHYAKA YA POLITIKI NYARWANDA BIKORERA HIRYA NO HINO KW’ISI IHURIYE MU RWEGO NYUNGURABITEKEREZO (CADRE DE CONCERTATION ) KULI 22 KUGEZA 23 KANAMA 2020 Inama ihuza abahagarariye amashyaka ya politiki n’imiryango nyarwanda itegamiye kuli leta baturutse hirya no hino kw’isi, yongeye guterana ku mataliki ya 22 kugeza kuli 23 Kanama 2020 hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga, igamije gukomeza gusuzumira hamwe ibibazo by’ingutu byugarije igihugu cy’u Rwanda no gutekereza ku ngamba
-
[
29/08/2020 Duración: 02h59min1.Inzego z'umutekano nizo zirimo gukora kuruta inzego z'igihugu zisanzwe mu kurwanya COVID-19. 2.RBC ikomeje gushimangira ko abantu bagiye kujya barwarira mu rugo kuruta uko byari bisazwe bikorwa. 3.Ikibazo cya Dr Mukwege kimaze gufata intwabwe mu miryango mpuzamahanga. 4.Ambasaderi wu Rwanda i Kinshansa Vincent Karega arasabirwa kwirukanwa muri Congo nyuma yo kwikoma Dr Mukwege Denis. 5.Minisitiri w'uburenganzira bwa muntu Kamanda Wa Kamanda hamwe na Gérard Kwingwisa umunyamabanga wa organisation congolaise Héritiers de la justice barasaba Leta ya Congo kugira icyo ikora ku magambo ya Vincent Karega. 6.Umuvugizi wa Gisirikare muri Uganda yabujije abagande kujya mu Rwanda. 7.Impunzi z'abarundi zishimiye gutaha iwabo i Burundi.
-
[
27/08/2020 Duración: 02h34min1.Abacuruzi nibo basigaye bakorera abaturage ubuvugizi. Za ngirwa badepite ziri he? Abayobozi bandi bo mu nzego z’ibanze barihe? Ingero eshatu zerekana ko inzego za Leta zititaye ku bibazo by’abaturage ahubwo zihugiye mu gutekinika imibare ibeshya ko abaturage bavuye mu bukene, bafite ububashabuguzi buhagije. 2.Leta iradutangariza ko COVID-19 hagati ya 3/2020 na 5/ 2020 yatumye abakozi miliyoni 1,4 batakaza imirimo bahinduka abashomeri. Abashomeri miliyoni 1,4 bisobanuye iki ? Ya ntego yari muri vision 2020 yo guhanga imirimo miliyoni 1,6 kuva muri 2000 kugeza muri 2020 yahise iyoyoka mu mezi 2, usibye ko n’ubundi itari kuzagerwaho. 3.Utegeka ikigo cy‘igihugu gishinzwe ubuzima Dr Nsanzimana Sabin ati :‘‘ COVOD-19 nigera mu banyantege nke izica benshi.‘‘ Abo banyatege nke avuga ni bande? Baherereye he ? Ko Leta ibizi irakora iki ngo itanguranwe Covid-19 itaragera kuri miliyoni 1.9 bari mu bukene bukabije ? 4.Leta yagurishije mu mahanga image ko amabisi yayo abamo internet kimwe n’i Tokyo, none nyuma y’imyak
-
[
26/08/2020 Duración: 02h34min1.U Rwanda ni nka Singapore kuko rushyira imbere iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza-Clare Akamanzi. a.Clare Akamanzi umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) yavuze ko u Rwanda ari Singapore y'Afurika. b.Impunguke mu birebana n'ubukungu siko zibibona. c.U Rwanda ntabwo rushobora kwigereranya na Singapore. 2.Radio RPA yatangaje ko Imirwano i Burundi hagati ya Leta na Red Tabara yakomeje mu ijoro ryahise. a.Kugeza ubu ku ruhande rwa Leta ntacyo rurarangaza. 3.Imyaka 17 irashize mu Rwanda hageze demokarasi mu matora y’umukuru w’igihugu. 4.Abacuruzi mu Rwanda bakomeje guhungetwa na Leta y'agatsiko. a.Radio Itahuka ikomeje kubona amakuru aturuka muri bamwe mu bacuruzi mu Rwanda barimo gutaka guhozwa ku nkeke na Leta ibanyunyuzamo amafaranga. b.Covid-19 yagize ingaruka ku bacuruzi benshi mu Rwanda, ariko abacuruzi baravuga ko badahabwa amahirwe angana mu guhangana na Covid-19 biciye mu kigega cyashyiriweho abacuruzi.
-
[
23/08/2020 Duración: 02h12min1.Abajyanwa mu kato baratabaza kuberako imibereho aho bashyizwe mu kato imisarane itamanura imyanda, kuryama babyigana, kugaburirwa nabi. Ibi birabyutsa ikibazo cy’ubucucike mu bitaro Covid 19 yasanze mu bitaro kimeze nabi kandi Leta itigeze ivuga uko kizakemurwa kugirango amabwiriza yo kwirinda covid-19 akurikizwe no mu bitaro. Abashoferi b’amakamyo mu Rwanda barataka gutandukanwa n’imiryango yabo. 2.Umushinga wa Vision City barawuvuga ibigwi kandi warahombeje Leta amamiliyari atagira ingano. Ikinyanakuru igihe.com kibogamiye kuri Leta kirawerekana nk’umushinga ugeze ku musozo, ngo amacumbi yose ari hafi kugurwa, nyamara wajya mu mibare ugasanga amacumbi 304 yaragurishijwe bamaze kuyakubita ishoka, bakayahanantura ho 60% ku ijana kugirango ibone abayigondera (igihe.com 22/01/2019/). Ayo macumbi yubatswe afite agaciro kari hagati y’k’ibihumbi 125.000$ kugeza kuli 284.000$. 3.Kuberako yinjiye mu ishyaka rya Victoire Ingabire arasabirwa kwirukanwa mu bafashwa na FARG. Bisobanuye iki? Mu bihe bishize twumv
-
[
22/08/2020 Duración: 02h39minImyaka itatu irashize abanyarwanda bakoze amahitamo mabi yo guhindura itegeko nshinga, rigaha uburenganzira Perezida Kagame bwo kongera kwiyamamaza. ikinamico ry'uduseke twajyanywe mu nteko ishinga amategeko y'u Rwanda, ubu yahindutse inteko inyonga amategeko, twaje kuba uduseke tw'amakuba, kuko kuva mu mwaka wa 2017 abanyarwanda bahuye n'urusobe rw'ibibazo: bamwe bambuwe imitungo yabo, barasenyerwa, babura gitabara mu gihe cy'ibiza byakomeje kwibasira u Rwanda, imisoro y'abanyarwanda irasesagurwa karahava, imwe ishorwa mu bikorwa byo kwinezeza by'agatsiko, nko gushora amafaranga muri Arsenal na PSG, ubundi andi ashirira mu kugura intwaro zo kugaba ibitero mu gihugu cy'abaturanyi cya Congo, guteza umutekano muke mu Burundi n'i Bugande, kwishyura ibikorwa by'abicanyi na za magigiri. hejuru y'ibyo kandi hiyongereyeho iyicwa rya hato na hato ry'abatavuga rumwe na Leta ndetse n'abacitse ku icumu. tutibagiwe n'akayabo katikiriye mu ngendo za Perezida zakomwe mu nkokora n'icyorezo cya covid-19. Hari n'ibindi byins